​Umu Content creator Jaysqueezer (Kasuku) yatewe n’abagizi ba nabi muri Arizona, bamusiga ari intere.



 Kambale Wilondja, umenyerewe cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku, yagabweho igitero n’abagizi ba nabi iwe mu rugo aho atuye muri Leta ya Arizona, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Amakuru agera kuri (Blogger Wî Rwanda News)avuga ko iri tsinda ry’abagizi ba nabi ryinjiye mu rugo rwa Jaysqueezer riramukubita cyane, bamusiga ari intere ari na byo byatumye ajyanwa kwa muganga igitaraganya ngo yitabweho n'abaganga.

Jaysqueezer azwi cyane nk'umu content creator w'imyidagaduro n'umusesenguzi ku mbuga nkoranyambaga, aho afite abantu benshi bamukurikira bitewe n'uburyo atangaza amakuru ajyanye n'ibyamamare ndetse n'ubuzima busanzwe. 

Kugeza ubu, ntabwo haramenyekana icyaba cyateye iki gitero cyangwa niba hari abatawe muri yombi.

Inshuti, abafana, n'abandi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kugaragaza akababaro batewe n'iyi nkuru, bifuriza uyu mu content creator gukira vuba no gusubira mu mirimo ye asanzwe azwiho.








Comments

Popular posts from this blog

Nyamasheke: Yashikuje Ikigorigori Azamukana n’Igisasu cya Gerenade Cyari Kimaze Imyaka mu Butaka

RIB yatanze umuburo ukomeye: Gutanga ikiguzi ku mibonano mpuzabitsina ni icyaha gihanishwa imyaka 5 y'igifungo

Félicien Kabuga Yaguye mu Buholandi Ari mu Bitaro