Posts

Showing posts from April, 2026

U Burundi: Biravugwa ko bwahawe drone 5,000 n’Ububiligi mu rwego rwo gukaza umurego mu bya gisirikare

Image
BUJUMBURA  – Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye zivuga ku mutekano wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, aragaragaza ko igihugu cy’u Burundi cyaba cyakiriye inkunga ikomeye y’ikoranabuhanga rya gisirikare rigezweho rivuye mu gihugu cy’Ububiligi.                                                                                               ​ Ikoranabuhanga rya Drone mu mishinga y’u Burundi ​Nk’uko ayo makuru abigaragaza, biravugwa ko u Burundi bwahawe indege zitagira abapilote (Drones) zigera ku 5,000 . Izi drones bivugwa ko zije ziyongera ku zindi ntwaro zigezweho zigamije gufasha ingabo z’igihugu mu bikorwa bya gisirikare bivugwa ko birimo gutegurwa hafi y’imipaka yarwo n’u Rwanda. Ubu bufasha bw’ikoranabuhanga bivugwa ko bwatan...

Imibare iteye inkeke: Abarenga 40% bahawe gatanya mu Rwanda bari bamaze igihe gito babana

Image
​ KIGALI – Raporo nshya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), yagaragaje ishusho idasanzwe ku bijyanye n’isenyuka ry’ingo mu gihugu, aho bigaragara ko abashakanye muri iki gihe basigaye batandukana imyaka icumi itarashira. ​Nk’uko bigaragara muri iyi raporo, mu ngo 2,629 zahawe gatanya binyuze mu nkiko mu mwaka wa 2025, abasaga 41.1% (ni kuvuga ingo 1,080 ) bari bamaze igihe kiri munsi y’imyaka 10 babana. ​ Gatanya mu myaka ya mbere y’urushako ​Iyi mibare irerekana ko imyaka ya mbere y’urushako ari yo ikomeje kugaragaramo ibibazo bikomeye bituma abantu bahitamo gutandukana imbere y’amategeko. Ibi bije bikurikira izindi raporo zagiye zigaragaza ko ubutane bukomeje kwiyongera mu rubyiruko n’abantu bashakanye vuba. ​ Inararibonye mu rugo ziracyakomeye ​Mu gihe ingo nshya ziri gusenyuka ku muvuduko ukaze, raporo ya NISR yerekanye ko ingo zimaze igihe kirekire zikomeye kurusha izindi. Mu ngo zose zahawe gatanya muri uwo mwaka, ingo 18 gusa ni zo zari zimaze igihe...

​Umu Content creator Jaysqueezer (Kasuku) yatewe n’abagizi ba nabi muri Arizona, bamusiga ari intere.

Image
 Kambale Wilondja, umenyerewe cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku, yagabweho igitero n’abagizi ba nabi iwe mu rugo aho atuye muri Leta ya Arizona, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amakuru agera kuri (Blogger Wî Rwanda News)avuga ko iri tsinda ry’abagizi ba nabi ryinjiye mu rugo rwa Jaysqueezer riramukubita cyane, bamusiga ari intere ari na byo byatumye ajyanwa kwa muganga igitaraganya ngo yitabweho n'abaganga. Jaysqueezer azwi cyane nk'umu content creator w'imyidagaduro n'umusesenguzi ku mbuga nkoranyambaga, aho afite abantu benshi bamukurikira bitewe n'uburyo atangaza amakuru ajyanye n'ibyamamare ndetse n'ubuzima busanzwe.  Kugeza ubu, ntabwo haramenyekana icyaba cyateye iki gitero cyangwa niba hari abatawe muri yombi. Inshuti, abafana, n'abandi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kugaragaza akababaro batewe n'iyi nkuru, bifuriza uyu mu content creator gukira vuba no gusubira mu mirimo ye asanzwe azwiho.